Ihuriro ry’Abanyarwandakazi baba mu Budage batangiye gukusanya inkunga yo gufasha abatishoboye mu bice bitandukanye by’u Rwanda bo turere twa Kicukiro, Musanze na Rubavu. Iki gikorwa cyatangiranye n’Ukwakira 2018 cyahuriranye n’ubusabane bushingiye ku muco gakondo w’Abanyarwanda witabiriwe n’abarenga 120. Cyabereye mu Mujyi wa Bonn, mu nzu ya Leta y’u Rwanda yahoze icumbitsemo uruhagarariye mu Budage mbere yo kwimurira serivisi za Ambasade i Berlin.
Date: October, 18 - 2018
Source: Igihe.com